Posts

Showing posts with the label Therapy room

Wicika intege : ibihe bizahinduka

Image
 Hari igihe ubuzima bwanga kumera uko ubwifuzaga. Ukagera aho wibaza uti “Ese nzagera he?” Ukabona uko iminsi ishira indi igataha, nta kintu kinini kigaragara uri kugeraho. Bagenzi bawe bagatera intambwe, abandi bakabona amahirwe, abandi bagatangira kubaho ubuzima bw'igitangaza… naho wowe ukaba ukiri aho, uhatana, ugerageza, ariko bigakomeza kwanga. Ariko banza wumve ibi neza:  Gutera imbere ntabwo bikurikiza isaha. Nta gihe cyashyizweho ngo umuntu atsinde. Buri muntu afite inzira ye. Hari abagerayo vuba. Hari abashaka imyaka ibiri. Hari n’abashaka itandatu. Ariko igihe si cyo gishimangira intsinzi ahubwo ubwitonzi, gukomeza kwiyubaka, kutava ku ntego n'igihe cyose bigoye nibyo bituma ugera ku nsinzi yawe. Buri munsi uhaguruka ugakora, nubwo nta muntu ubibona, uba uri kubaka ikintu gikomeye cyane. Umunsi wose ukoze ikintu niyo cyaba gito, ni intwambwe uba uteye ikwerekeza ku ntego yawe. Buri kigeragezo ushyira inyuma yawe kiba ari intambwe. Buri bwoba watsinze, buri kigeragez...

Kubera iki abagabo biyahura kurusha abagore, nyamara abagore aribo bahoza mu kanwa kabo ko baziyahura?

Image
 Ese wari wabona ukuntu umwana w'umuhungu w'imyaka itanu iyo ahuye n'ikintu kimubabaza akarira, abantu bakuru bahita bamucyaha bati: “Jya uba akagabo sha, nta mugabo urira!” Ibi bikajyana n’indi mvugo igira iti “Amarira y’umugabo atemba ajya munda.” Nyamara nubwo uyu mwana bari kumubuza kurira, hafi aho hari mushiki we w'imyaka 28 uri kurira cyane nyuma yo gutsindwa ikizamini cy'akazi. Ariko we, ntawabimubuza. Ahubwo baramuhumuriza, bamubwira ko gutsindwa bibaho, ko ubutaha azatsinda. Ntawe ugira ikibazo ku marira y'uwo mukobwa, ikibazo kiri kuri wa mwana w'umuhungu. Nawe wakwibaza uti: hagati y'umwana w'umuhungu w'imyaka itanu n'umukobwa w'imyaka 28, ni nde ukwiye gucyahwa igihe arize? Société ubwayo isa n'iyashyizeho amahame avuga ko nta mugabo wemerewe kurira, kandi iyo abikoze byitwa ko ari igisebo. Ngo amarira y’umugabo atemba ajya munda. Ibi bitangira kare, igihe umwana akiri muto, akabwirwa ko hari ibyo mushiki we yemerewe arik...

Dore ikimenyetso kizakwereka ko uri hafi gupfa!

Image
Umunsi umwe, umusore w’inshuti yanjye yaje kungisha inama. Yari afite ibibazo byinshi bimuremereye, byari byamurenze, ndetse yari yatangiye gutekereza kwiyahura. Yagombaga gutunga barumuna be kuko nta babyeyi bagiraga, yari afite inshingano zo gushaka amafaranga yo kubatunga no kubagurira imyambaro. Zari inshingano zikomeye ku mwana w'imyaka 17 wagombaga gutunga barumuna be batatu. Ubwo yaje kungisha inama y'icyo yakora, gusa byasaga nk'aho nanjye nta gisubizo nabona kuko nanjye numvaga byandenze. Gusa namubwiye ko namuherekeza tukajya kugisha inama umusaza twari duturanye. Uwo musaza ni we wagiraga inama ababyeyi batuye mu gace k'iwacu ndetse n'abafitanye ibibazo akabafasha kubikemura. Mu gitondo twazindukiye kwa wa musaza kuko twumvaga ko ari we wenyine waduha inama y'icyo uwo musore yakora ngo ave mu bibazo yari arimo. Uwo musaza yadusabye ko tumuherekeza ku wundi musozi twari duteganye, ngo ni ho yari agiye kureba umuti wo guha uwo musore kugira ngo ibibazo ...