Posts

Showing posts from September, 2025

Insigamigani: " Yabuze intama n’ibyuma"

Image
Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu yashobewe, yabuze epfo na ruguru; nibwo bavuga ngo: “Yabuze intama n’ibyuma.” Wakomotse kuri Mutabaruka w'i Kigoma na Muyange (Gitarama), ahagana mu mwaka w'i 1800. Icyo gihe hari ku ngoma ya Gahindiro, hakabaho umugabo Rwasine, arahaguruka ajya gukeza Rugaju rwa Mutimbo, wari umutoni w'akadasohoka kwa Gahindiro. Rwasine amwiringiyeho ubuhake kuko yari yaraturanye neza na Mutimbo, se wa Rugaju. Rugaju abonye Rwasine aje kumukeza arabyishimira kuko bari baranabyirukanye. Amugabira inka nyinshi n’ingabo zo mu karere ka Kigoma, Muyange ndetse na Gatagara. Rwasine abonye amaze kugabana ibimuhagije, atumira se Mutabaruka ngo aze basangire ubwo bukire. Mutabaruka yari umugenza w'impangu (umucuruzi w'umuhanga). Araboneza n’iw’umuhungu we. Amaze kugerayo, bagabana ibyo yahawe mo kabiri: Mutabaruka yegurirwa iby'uruhande rwa Gatagara na Kigoma, umuhungu ahamana iby'ahagana mu Mutende no mu Mayaga y'epfo. Nuko Mutabaruka n’umuh...

Twabayeho mbere yo kuvuka: Incarnation na Reincarnation mu buzima bwacu

Image
Tekereza kuba waravukiye mu Rwanda, akaba ari naho ukurira, hanyuma umunsi umwe ukabona amahirwe yo gusohoka igihugu, ugiye gusura inshuti yawe ituye mu giturage cyo muri Ghana. Wagera aho inshuti yawe ituye, ugasanga aho hantu atari ubwa mbere uhabonye, ​​​​kandi mu by'ukuri ari bwo bwa mbere ugeze muri icyo gihugu. Ndabizi, nawe wahita utekereza ko waba warigeze kubona amafoto yaho, none ukaba uri kubyitiranya no kuba uhazi. Ariko mu by'ukuri, birashoboka ko mu buzima bwa mbere waba waravukiye muri Ghana, ukahakurira ndetse ari naho wagiriye iherezo. Wakabyakira ute? Mbere y'ubu buzima twari turiho, ese warubizi? Ndetse na nyuma y'ubu buzima tuzakomeza kubaho, kuko twebwe banyabo ntabwo tuzigera dupfa Mbere ya byose, wakwibaza uti: “Ngewe wanyawe ndi nde? Uyu mubiri tubona se? Intekerezo zanjye se? Cyangwa amarangamutima yanjye?” Oya, ngewe wanyawe ndenze ibyo byose. Umubiri urasaza, ugahinduka ndetse bikarangira upfuye. Intekerezo n’amarangamutima nabyo birahinduka. ...