Posts

Showing posts with the label Culture

Amateka y’Imandwa Nkuru, Ryangombe

Image
Mu mateka y’u Rwanda, amazina nka Ruganzu Ndoli, Ndahiro Cyamatare, cyangwa Gihanga byagiye bivugwa cyane. Ariko hagati y’ayo mazina y’abami n’intwari, hari irindi zina ryahishe ubuhanga n’amayobera: Ryangombe rya Babinga. Uyu mugabo ni we wubatse ishingiro ry’umuhango wa Kubandwa Imana, ugamije gusubizamo Abanyarwanda ubumwe n’urukundo nyuma y’imyaka y’intambara n’ivangura ry’abakomokaga ku bana ba Gahima. Aho Ryangombe yaturutse Ryangombe yavukiye mu karere ka Kitara cya Muliro, mu majyaruguru y'ikiyaga cya Rwicanzige (izina rya kera rya Albert), mu burengerazuba bwa Uganda. Se yitwaga Babinga wa Nyundo, nyina Nyiraryangombe w'Umusumbakazi, umugore we yitwaga Nyirakajumba. Yakomokaga mu bwoko bw'Abanyoro, mu muryango w'Abakonjo, abantu bazwiho kuba abaragura n'abaterekerera, bazi kuvugana n'imbaraga z'ijuru. Mu buto bwe, Ryangombe yari azwi nk'umuhigi w'umukogoto, ufite imbwa nyinshi n'ubuhanga budasanzwe mu gushaka no gucunga inyamaswa. Ariko ...

Insigamigani: " Yabuze intama n’ibyuma"

Image
Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu yashobewe, yabuze epfo na ruguru; nibwo bavuga ngo: “Yabuze intama n’ibyuma.” Wakomotse kuri Mutabaruka w'i Kigoma na Muyange (Gitarama), ahagana mu mwaka w'i 1800. Icyo gihe hari ku ngoma ya Gahindiro, hakabaho umugabo Rwasine, arahaguruka ajya gukeza Rugaju rwa Mutimbo, wari umutoni w'akadasohoka kwa Gahindiro. Rwasine amwiringiyeho ubuhake kuko yari yaraturanye neza na Mutimbo, se wa Rugaju. Rugaju abonye Rwasine aje kumukeza arabyishimira kuko bari baranabyirukanye. Amugabira inka nyinshi n’ingabo zo mu karere ka Kigoma, Muyange ndetse na Gatagara. Rwasine abonye amaze kugabana ibimuhagije, atumira se Mutabaruka ngo aze basangire ubwo bukire. Mutabaruka yari umugenza w'impangu (umucuruzi w'umuhanga). Araboneza n’iw’umuhungu we. Amaze kugerayo, bagabana ibyo yahawe mo kabiri: Mutabaruka yegurirwa iby'uruhande rwa Gatagara na Kigoma, umuhungu ahamana iby'ahagana mu Mutende no mu Mayaga y'epfo. Nuko Mutabaruka n’umuh...

Insigamugani - " Byageze iwa Ndabaga "

Image
Uyu mugani wadutse ahasanga umwaka wa 1700. Wakomotse kuri Ndabaga umukobwa wa Nyamutezi mu Bwishaza (Kibuye). Uyu mugani bawuca iyo babonye ibibazo byaje ukitabaza umuntu utari ubikwiye. Ndabaga yavutse ariwe mwana wenyine iwabo bagira, yari ikinege. Akimara kuvuka papa we yamusize ari uruhinja ajyana nabandi banyabwishingizi bajya mu rugerero. Ndabaga yasigaranye na mama we ariko akura atazi papa we. Amaze gukura akajya akunda kubaza mama we ati: “Mbese data aba hehe ko nawe njya mbona?” Mama we agezaho aramubwira ati: "Papa wawe yagiye ku rugerero kandi ntabwo yabona uko ataha kuko nta mwana w'umuhungu afite wajya ku musimbura cyangwa se uwo bavukana ngo abe ariwe ujyayo." Hashize iminsi Ndabaga atangira kwitoza imirimo ya gihungu nko kurasa, gutera icumu, gusimbuka, kwiruka n'ibindi. Ajya no mu bacuzi amabere barayashiririza kugirango adapfundura. Nyina yamubaza impamvu ari gukora ibyo byose akamubwira ati: “Nonese nintiga imirimo yose ninde wundi uzajya gusimbura...