Posts

Insigamigani: " Yabuze intama n’ibyuma"

Image
Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu yashobewe, yabuze epfo na ruguru; nibwo bavuga ngo: “Yabuze intama n’ibyuma.” Wakomotse kuri Mutabaruka w'i Kigoma na Muyange (Gitarama), ahagana mu mwaka w'i 1800. Icyo gihe hari ku ngoma ya Gahindiro, hakabaho umugabo Rwasine, arahaguruka ajya gukeza Rugaju rwa Mutimbo, wari umutoni w'akadasohoka kwa Gahindiro. Rwasine amwiringiyeho ubuhake kuko yari yaraturanye neza na Mutimbo, se wa Rugaju. Rugaju abonye Rwasine aje kumukeza arabyishimira kuko bari baranabyirukanye. Amugabira inka nyinshi n’ingabo zo mu karere ka Kigoma, Muyange ndetse na Gatagara. Rwasine abonye amaze kugabana ibimuhagije, atumira se Mutabaruka ngo aze basangire ubwo bukire. Mutabaruka yari umugenza w'impangu (umucuruzi w'umuhanga). Araboneza n’iw’umuhungu we. Amaze kugerayo, bagabana ibyo yahawe mo kabiri: Mutabaruka yegurirwa iby'uruhande rwa Gatagara na Kigoma, umuhungu ahamana iby'ahagana mu Mutende no mu Mayaga y'epfo. Nuko Mutabaruka n’umuh...

Twabayeho mbere yo kuvuka: Incarnation na Reincarnation mu buzima bwacu

Image
Tekereza kuba waravukiye mu Rwanda, akaba ari naho ukurira, hanyuma umunsi umwe ukabona amahirwe yo gusohoka igihugu, ugiye gusura inshuti yawe ituye mu giturage cyo muri Ghana. Wagera aho inshuti yawe ituye, ugasanga aho hantu atari ubwa mbere uhabonye, ​​​​kandi mu by'ukuri ari bwo bwa mbere ugeze muri icyo gihugu. Ndabizi, nawe wahita utekereza ko waba warigeze kubona amafoto yaho, none ukaba uri kubyitiranya no kuba uhazi. Ariko mu by'ukuri, birashoboka ko mu buzima bwa mbere waba waravukiye muri Ghana, ukahakurira ndetse ari naho wagiriye iherezo. Wakabyakira ute? Mbere y'ubu buzima twari turiho, ese warubizi? Ndetse na nyuma y'ubu buzima tuzakomeza kubaho, kuko twebwe banyabo ntabwo tuzigera dupfa Mbere ya byose, wakwibaza uti: “Ngewe wanyawe ndi nde? Uyu mubiri tubona se? Intekerezo zanjye se? Cyangwa amarangamutima yanjye?” Oya, ngewe wanyawe ndenze ibyo byose. Umubiri urasaza, ugahinduka ndetse bikarangira upfuye. Intekerezo n’amarangamutima nabyo birahinduka. ...

Nigute umwana wavutse ari umutagatifu akura agahinduka sekibi?

Image
Ese wigeze wumva inkuru y’umwami warwanye agafata isi yose ariko akumva bitamunyuze, agakomeza kurwana? Alexander the Great yavutse mu mwaka wa 356 mbere ya Yezu, avukira i Macedonia. Akiri muto yatojwe kuba intwari ndetse no kuzaba umwami. Ku myaka 20 yonyine, yabaye umuyobozi w’ubwami bukomeye cyane mu mateka. Kubera ubuhanga butagereranwa yari afite mu mirwanire, yazengurutse isi yose yo muri icyo gihe, atangiriye mu Bugereki, akomeza agera mu Misiri, birangira ageze no mu Buhinde, maze yubaka ubwami bukomeye buzenguruka imigabane itatu. Alexander the Great yakuze abwirwa na nyina ko akomoka ku Mana, ko kandi agomba gutsinda isi yose akayifata mu biganza. Ibi byamuremyemo ego. Ntabwo yarwanaga kugira ngo arinde abantu be, ahubwo yashakaga gufata isi yose kandi azahore yibukwa ubuzima bwose. Yamaze ubuzima bwe bwose arwana, ntabwo yigeze ahagarara cyangwa ngo aruhuke. Ibyo yageragaho yabonaga bidahagije. Ku myaka 32 yonyine, yaje gupfira kure y'iwabo, apfa atanyuzwe n'iby...

Insigamugani - " Byageze iwa Ndabaga "

Image
Uyu mugani wadutse ahasanga umwaka wa 1700. Wakomotse kuri Ndabaga umukobwa wa Nyamutezi mu Bwishaza (Kibuye). Uyu mugani bawuca iyo babonye ibibazo byaje ukitabaza umuntu utari ubikwiye. Ndabaga yavutse ariwe mwana wenyine iwabo bagira, yari ikinege. Akimara kuvuka papa we yamusize ari uruhinja ajyana nabandi banyabwishingizi bajya mu rugerero. Ndabaga yasigaranye na mama we ariko akura atazi papa we. Amaze gukura akajya akunda kubaza mama we ati: “Mbese data aba hehe ko nawe njya mbona?” Mama we agezaho aramubwira ati: "Papa wawe yagiye ku rugerero kandi ntabwo yabona uko ataha kuko nta mwana w'umuhungu afite wajya ku musimbura cyangwa se uwo bavukana ngo abe ariwe ujyayo." Hashize iminsi Ndabaga atangira kwitoza imirimo ya gihungu nko kurasa, gutera icumu, gusimbuka, kwiruka n'ibindi. Ajya no mu bacuzi amabere barayashiririza kugirango adapfundura. Nyina yamubaza impamvu ari gukora ibyo byose akamubwira ati: “Nonese nintiga imirimo yose ninde wundi uzajya gusimbura...

Dore ikimenyetso kizakwereka ko uri hafi gupfa!

Image
Umunsi umwe, umusore w’inshuti yanjye yaje kungisha inama. Yari afite ibibazo byinshi bimuremereye, byari byamurenze, ndetse yari yatangiye gutekereza kwiyahura. Yagombaga gutunga barumuna be kuko nta babyeyi bagiraga, yari afite inshingano zo gushaka amafaranga yo kubatunga no kubagurira imyambaro. Zari inshingano zikomeye ku mwana w'imyaka 17 wagombaga gutunga barumuna be batatu. Ubwo yaje kungisha inama y'icyo yakora, gusa byasaga nk'aho nanjye nta gisubizo nabona kuko nanjye numvaga byandenze. Gusa namubwiye ko namuherekeza tukajya kugisha inama umusaza twari duturanye. Uwo musaza ni we wagiraga inama ababyeyi batuye mu gace k'iwacu ndetse n'abafitanye ibibazo akabafasha kubikemura. Mu gitondo twazindukiye kwa wa musaza kuko twumvaga ko ari we wenyine waduha inama y'icyo uwo musore yakora ngo ave mu bibazo yari arimo. Uwo musaza yadusabye ko tumuherekeza ku wundi musozi twari duteganye, ngo ni ho yari agiye kureba umuti wo guha uwo musore kugira ngo ibibazo ...

Batwijeje ko tuzaba abakire turangije kwiga , none ubu no kubona ibyo kurya ni ikibazo!

Image
Kera nkiri muto ababyeyi banjye bambwiraga ko nindamuka nize cyane, nkatsinda amasomo, nkaba uwa mbere mu ishuri, ari njye uzaba umukire uruta abandi mu gace twari dutuyemo . Ku myaka itanu nisanze mfite intego yo kuzaba uwa mbere mu mashuri yanjye yose. Gusa impamvu yampatirizaga gukomera kuri iyo ntego yari ikomeye kandi yumvikana, navukaga mu muryango utishoboye, rero naharaniraga gukora icyo nshoboye cyose kugira ngo nzawukure mu bukene. Nitwa Evelyne, umukobwa w'imyaka 35 ntuye mu mugi wa Kigali. Nshaka kubaganiriza ukuntu nisanze naguye mu mutego w'ibyo nabwiwe nkiri umwana, ko iyo wize cyane ukaba uwa mbere, iyo umaze kwiga ubona akazi keza kandi ukaba umukire.  Mvuka mu muryango w'abana batanu, ndi umwana mukuru. Navutse mbona umuryango wacu ubayeho mu buzima bugoye gusa nakuze ntozwa ko ari njye uzababera umucunguzi nkawuvana mu bukene. Inzira yari ihari yari ukwiga cyane nkaba uwa mbere, nkarangiza amashuri nkabona akazi keza. Ibi nabitojwe n'ababyeyi ndetse ...