Posts

Amateka y’Imandwa Nkuru, Ryangombe

Image
Mu mateka y’u Rwanda, amazina nka Ruganzu Ndoli, Ndahiro Cyamatare, cyangwa Gihanga byagiye bivugwa cyane. Ariko hagati y’ayo mazina y’abami n’intwari, hari irindi zina ryahishe ubuhanga n’amayobera: Ryangombe rya Babinga. Uyu mugabo ni we wubatse ishingiro ry’umuhango wa Kubandwa Imana, ugamije gusubizamo Abanyarwanda ubumwe n’urukundo nyuma y’imyaka y’intambara n’ivangura ry’abakomokaga ku bana ba Gahima. Aho Ryangombe yaturutse Ryangombe yavukiye mu karere ka Kitara cya Muliro, mu majyaruguru y'ikiyaga cya Rwicanzige (izina rya kera rya Albert), mu burengerazuba bwa Uganda. Se yitwaga Babinga wa Nyundo, nyina Nyiraryangombe w'Umusumbakazi, umugore we yitwaga Nyirakajumba. Yakomokaga mu bwoko bw'Abanyoro, mu muryango w'Abakonjo, abantu bazwiho kuba abaragura n'abaterekerera, bazi kuvugana n'imbaraga z'ijuru. Mu buto bwe, Ryangombe yari azwi nk'umuhigi w'umukogoto, ufite imbwa nyinshi n'ubuhanga budasanzwe mu gushaka no gucunga inyamaswa. Ariko ...

Kubera iki abagabo biyahura kurusha abagore, nyamara abagore aribo bahoza mu kanwa kabo ko baziyahura?

Image
 Ese wari wabona ukuntu umwana w'umuhungu w'imyaka itanu iyo ahuye n'ikintu kimubabaza akarira, abantu bakuru bahita bamucyaha bati: “Jya uba akagabo sha, nta mugabo urira!” Ibi bikajyana n’indi mvugo igira iti “Amarira y’umugabo atemba ajya munda.” Nyamara nubwo uyu mwana bari kumubuza kurira, hafi aho hari mushiki we w'imyaka 28 uri kurira cyane nyuma yo gutsindwa ikizamini cy'akazi. Ariko we, ntawabimubuza. Ahubwo baramuhumuriza, bamubwira ko gutsindwa bibaho, ko ubutaha azatsinda. Ntawe ugira ikibazo ku marira y'uwo mukobwa, ikibazo kiri kuri wa mwana w'umuhungu. Nawe wakwibaza uti: hagati y'umwana w'umuhungu w'imyaka itanu n'umukobwa w'imyaka 28, ni nde ukwiye gucyahwa igihe arize? Société ubwayo isa n'iyashyizeho amahame avuga ko nta mugabo wemerewe kurira, kandi iyo abikoze byitwa ko ari igisebo. Ngo amarira y’umugabo atemba ajya munda. Ibi bitangira kare, igihe umwana akiri muto, akabwirwa ko hari ibyo mushiki we yemerewe arik...

Amazi nayo yaba umuti... Uko ubwonko buvura umubiri bukoresheje ukwizera (Placebo Effect)

Image
Umunsi umwe, umwana w’umuhungu wo mu muryango wacu yaje kudusura. Bugorobye, mu masaha y’ijoro, atangira kubabara mu nda cyane. Nta miti nari mfite muri icyo gihe, nuko mu mutima wanjye ndibwira nti: “Reka muhe amazi, ariko mubwire ko ari umuti.” Mu by’ukuri natekerezaga ko ndimo kumubeshya, ariko ibyo ntabwo byari ikinyoma kuko icyo namuhaye cyari umuti koko. Nyuma yo kunywa ayo mazi, uwo mwana yahise yumva ububabare bushize. Wenda nawe wahita wibaza uti: “Bishoboka bite ko amazi yonyine yavura?” Ibyo byitwa Placebo Effect, igihe roho n’ubwonko bikorera hamwe bigatuma umubiri wacu wivura ubwawo. Placebo effect ikora igihe umuntu urwaye yizeye ko ibyo ahawe ari umuti, n’iyo yaba atariwo. Icyo gihe igice cy’ubwonko cyitwa subconscious mind gitangira kuvubura imisemburo igabanya ububabare. Ese Subconscious Mind ni iki? Ubwonko bwacu bufite ibice bibiri: Conscious mind (ubwonko bugaragara ): ni bwo bukora mu gihe turi maso, dutekereza, kandi dufata ibyemezo. Ubu bwonko nibwo buyobora ibyo...

Insigamigani: " Yabuze intama n’ibyuma"

Image
Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu yashobewe, yabuze epfo na ruguru; nibwo bavuga ngo: “Yabuze intama n’ibyuma.” Wakomotse kuri Mutabaruka w'i Kigoma na Muyange (Gitarama), ahagana mu mwaka w'i 1800. Icyo gihe hari ku ngoma ya Gahindiro, hakabaho umugabo Rwasine, arahaguruka ajya gukeza Rugaju rwa Mutimbo, wari umutoni w'akadasohoka kwa Gahindiro. Rwasine amwiringiyeho ubuhake kuko yari yaraturanye neza na Mutimbo, se wa Rugaju. Rugaju abonye Rwasine aje kumukeza arabyishimira kuko bari baranabyirukanye. Amugabira inka nyinshi n’ingabo zo mu karere ka Kigoma, Muyange ndetse na Gatagara. Rwasine abonye amaze kugabana ibimuhagije, atumira se Mutabaruka ngo aze basangire ubwo bukire. Mutabaruka yari umugenza w'impangu (umucuruzi w'umuhanga). Araboneza n’iw’umuhungu we. Amaze kugerayo, bagabana ibyo yahawe mo kabiri: Mutabaruka yegurirwa iby'uruhande rwa Gatagara na Kigoma, umuhungu ahamana iby'ahagana mu Mutende no mu Mayaga y'epfo. Nuko Mutabaruka n’umuh...

Twabayeho mbere yo kuvuka: Incarnation na Reincarnation mu buzima bwacu

Image
Tekereza kuba waravukiye mu Rwanda, akaba ari naho ukurira, hanyuma umunsi umwe ukabona amahirwe yo gusohoka igihugu, ugiye gusura inshuti yawe ituye mu giturage cyo muri Ghana. Wagera aho inshuti yawe ituye, ugasanga aho hantu atari ubwa mbere uhabonye, ​​​​kandi mu by'ukuri ari bwo bwa mbere ugeze muri icyo gihugu. Ndabizi, nawe wahita utekereza ko waba warigeze kubona amafoto yaho, none ukaba uri kubyitiranya no kuba uhazi. Ariko mu by'ukuri, birashoboka ko mu buzima bwa mbere waba waravukiye muri Ghana, ukahakurira ndetse ari naho wagiriye iherezo. Wakabyakira ute? Mbere y'ubu buzima twari turiho, ese warubizi? Ndetse na nyuma y'ubu buzima tuzakomeza kubaho, kuko twebwe banyabo ntabwo tuzigera dupfa Mbere ya byose, wakwibaza uti: “Ngewe wanyawe ndi nde? Uyu mubiri tubona se? Intekerezo zanjye se? Cyangwa amarangamutima yanjye?” Oya, ngewe wanyawe ndenze ibyo byose. Umubiri urasaza, ugahinduka ndetse bikarangira upfuye. Intekerezo n’amarangamutima nabyo birahinduka. ...

Nigute umwana wavutse ari umutagatifu akura agahinduka sekibi?

Image
Ese wigeze wumva inkuru y’umwami warwanye agafata isi yose ariko akumva bitamunyuze, agakomeza kurwana? Alexander the Great yavutse mu mwaka wa 356 mbere ya Yezu, avukira i Macedonia. Akiri muto yatojwe kuba intwari ndetse no kuzaba umwami. Ku myaka 20 yonyine, yabaye umuyobozi w’ubwami bukomeye cyane mu mateka. Kubera ubuhanga butagereranwa yari afite mu mirwanire, yazengurutse isi yose yo muri icyo gihe, atangiriye mu Bugereki, akomeza agera mu Misiri, birangira ageze no mu Buhinde, maze yubaka ubwami bukomeye buzenguruka imigabane itatu. Alexander the Great yakuze abwirwa na nyina ko akomoka ku Mana, ko kandi agomba gutsinda isi yose akayifata mu biganza. Ibi byamuremyemo ego. Ntabwo yarwanaga kugira ngo arinde abantu be, ahubwo yashakaga gufata isi yose kandi azahore yibukwa ubuzima bwose. Yamaze ubuzima bwe bwose arwana, ntabwo yigeze ahagarara cyangwa ngo aruhuke. Ibyo yageragaho yabonaga bidahagije. Ku myaka 32 yonyine, yaje gupfira kure y'iwabo, apfa atanyuzwe n'iby...

Insigamugani - " Byageze iwa Ndabaga "

Image
Uyu mugani wadutse ahasanga umwaka wa 1700. Wakomotse kuri Ndabaga umukobwa wa Nyamutezi mu Bwishaza (Kibuye). Uyu mugani bawuca iyo babonye ibibazo byaje ukitabaza umuntu utari ubikwiye. Ndabaga yavutse ariwe mwana wenyine iwabo bagira, yari ikinege. Akimara kuvuka papa we yamusize ari uruhinja ajyana nabandi banyabwishingizi bajya mu rugerero. Ndabaga yasigaranye na mama we ariko akura atazi papa we. Amaze gukura akajya akunda kubaza mama we ati: “Mbese data aba hehe ko nawe njya mbona?” Mama we agezaho aramubwira ati: "Papa wawe yagiye ku rugerero kandi ntabwo yabona uko ataha kuko nta mwana w'umuhungu afite wajya ku musimbura cyangwa se uwo bavukana ngo abe ariwe ujyayo." Hashize iminsi Ndabaga atangira kwitoza imirimo ya gihungu nko kurasa, gutera icumu, gusimbuka, kwiruka n'ibindi. Ajya no mu bacuzi amabere barayashiririza kugirango adapfundura. Nyina yamubaza impamvu ari gukora ibyo byose akamubwira ati: “Nonese nintiga imirimo yose ninde wundi uzajya gusimbura...